Monday, September 2, 2013

RWANDA-M23:NYUMA YAHO FPR ITEREWE AMABUYE NABAHOZE MULI M23 KAGAME YATANZE ITEGEKO KOBAGOMBA GUSAKWA

Abapolisi bagiye gusaka inkambi y’Abahoze muri M23 bakirijwe amabuye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, abaturiye inkambi icumbikiwemo abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23, iri mu Karere ka Ngoma, Umurenge wa Kibungo, Akagari ka Cyasemakamba, baravuga ko bumvise urusaku rw’amasasu ruvugira kuri iyi nkambi. Uru rusaku ngo rwarashwe n’abashinzwe umutekano kugira ngo bahoshe amahane n’umwivumbagatanyo wari mu nkambi, aho bateraga amabuye inzego z’umutekano zari zaje gusaka ibiyobyabwenge n’ibindi byahungabanya umutekano muri iyi nkambi.
Abahoze ari abarwanyi ba M23 ubwo bahungiraga mu Rwanda
NGABO AMAMBARI BAKAGAME BAHUNZE M23 BALIMO KUREBANA IMPUWE KUBERA AMARASO BAMENNYE
Abahoze ari abarwanyi ba M23 ubwo bahungiraga mu Rwanda
Kuva muri ayo masaha ya mugitondo Abapolisi benshi n’Abasirikare bakikije iyi nkambi, bikavugwa ko izo mpunzi zaba zivumbagatanyije ariko kumenya icyabiteye nyirizina birasa n’ibidashoboka kuko batemerera umuntu uwo ariwe wese uturutse hanze kuba yakwinjiramo.
Umwe mu banyamakuru bakorera mu Karere ka Ngoma yadutangarije ko bakimara kumva urusaku rw’amasasu bahise bajya kuri iyi nkambi ariko bangirwa kwinjira kuko basanze Abapolisi benshi n’Abasirikare bakikije iyi nkambi.
Yatubwiye ko impamvu ayo masasu yarashwe itaramenyekana n’uwayarashe, gusa ngo bishoboka ko yaba yarashwe n’abashinzwe umutekano kugira ngo baturishe imyivumbagatanyo yari iri imbere mukambi.
Ibihuha biravuga ko izi mpunzi ngo zaba zateraga amabuye abashinzwe umutekano ndetse ngo aya mabuye aragaragara mu muhanda kubera ko ngo zidafashwe neza ariko ntawemerewe no kuyafotora ngo adafite uruhushya rwa Minisiteri ishinzwe ibiza n’impunzi (MIDIMAR).
Nyuma y’inama zitandukanye zabaye mu gitondo zahuje ubuyobozi bw’inzego z’umutekano zirimo iza gisirikare na Polisi, na Minisiteri ishinzwe ibiza n’impunzi, byagaje kugaragazwa ko imyivumbagatanyo yabo ntaho ihuriye no kudafatwa neza.
Nyuma y’izo nama Minisitiri ushinzwe ibiza n’impunzi Seraphine Mukantabana yatubwiye ko nta kibazo izi mpunzi zifite.
Tumubajije icyateye imyivumbagatanyo, Minisitiri Mukantabana yagize ati “Nk’uko bisanzwe muri gahunda z’umutekano Polisi yakoze operation(umukwabo) igamije gushakisha ibiyobyabwenge mu nkambi barivumbura.”
Ku ruhande rwa Polisi ari nayo yakoze uwo mukwabo, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Theos Badege yadutangarije ko Polisi yari yazindukiyeyo igiye gusaka ngo irebe niba mu nkambi yabo nta bintu birimo byahungabanya umutekano kimwe n’uko babikora mu ngo z’abantu cyangwa mu magereza.
Ariko ngo bagezeyo ntibakiriwe neza n’abo baje gusaka ahubwo bivumbagatanyije ndetse batangira no gutera amabuye Abapolisi.
Badege avuga ko ubusanze igikorwa nk’icyo cyo kubahuka inzego zishinzwe umutekano gihanirwa ariko ngo mbere yo guhana ukabanza kureba icyatumye uwubahutse yabikoze.
Yagize ati “Twasanze ari ubujiji no kutubaha amategeko n’inzego zishinzwe umutekano, kutamenya amategeko….ubanza biterwa n’uko baturutse mu gihugu usanga kubaha amatege n’inzego zishinzwe umutekano bitahaba.”
Badege akomeza avuga ko babasobanuriye neza ku buryo nta bindi bihano bari buhabwe kandi ngo isaka rirakoje, ibyo baribufatiremo baraza kubigaragaza.
Aba barwanyi bahoze muri M23, bacumbikiwe i Ngoma mu gihe ubusabe bw’ubuhungiro bashyikirije Leta y’u Rwanda bukirimo kwigwaho, kugeza ubu bakaba bataremererwa kuba impunzi mu Rwanda byemewe n’amategeko.
Kuri iki kibazo cy’ubuhungiro batse butaraboneka nubwo ngo nta sano bifitanye n’ibyabaye uyu munsi, Minisitiri Mukantabana yadutangarije ko bakomeje kubyigaho.
Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) baturutsemo yasohoye inyandiko zo guta muri yombi bane muri bo, bari mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo bakurikinweho ibyaha byibasiye inyoko muntu n’ibyintambara ibakekaho, inyandiko zitahawe agaciro gakomeye n’ubutabera bw’u Rwanda kuko ngo zitagaragaramo ibihamya byuzuye byatuma bafatwa.
VĂ©nuste Kamanzi
UMUSEKE.RW

No comments:

Post a Comment