Thursday, July 31, 2014

Ubutumwa Umubyeyi Bikira Mariya yahaye Byishimo kuwa 26/07/2014

Umubyeyi bikira mariya yaje ababaye cyane ari mu rumuli rwinshi cyane nuko aranyitegereza aransuhuza ati:
B.M : Uraho mwana wanjye ukomeje kwihanganira ibigeragezo byose uhura nabyo
Byishimo : Uraho mama.
B.M  : Mwana wanjye umeze ute ?
By: Mama meze neza gahoro nawe urabibona, ingendo mukomeje kunkoresha ni nyinshi cyane, mama maze kunanirwa.
B.M:  Mwana wanjye ihangane kandi umenye ko imbaraga ukoresha atari izawe aritwe tuziguha.
By:  Mama nanjye ndabizi,  nuko ndi umuntu ntabwo ndi nkamwe.
B.M : Mwana wanjye ongera unsuhurize abana banjye bose, ari abari hano mu gihugu ndetse nabari ku isi hose uti nimugire amahoro, nimugire amahoro, nimugire amahoro,  urukundo rwanjye rubasakaremo.
Bana banjye ndababaye, ndababaye , ndababaye  cyane,mbabajwe cyane n’abana banjye benshi bakomeje
UMUBYEYI BIKIRAMARIYA
kurigisa, abandi bakomeje kurohera mu nzu zimbohe, abandi bakomeje guhunga igihugu, arimwe bahunga mwe bayobozi bakuru, mugira ngo simbibona, nyamara bana banjye ibyo byose mukora mbibona mbere yuko mubikora, mubimenye rero igihe cyo guhorera abana banjye kirageze, kandi bya bihe bibi bikomeye  mwabigezemo, ibimenyetso byinshi mwarabibonye.
Bana banjye nababwiye ko bizahera mu murwa mukuru, niko bimeze, niko bimeze , niko bimeze , nta buye rizasigara rigeretse ku rindi, ibi mbabwira byaratangiye kandi ntibizasubira inyuma, Kigali we, Kigali we, Kigali we, uragowe.
Bana banjye ba abanyarwanda, mukomeje gutoteza abana banjye mubaziza uko bari, ntimwibuke aho nabavanye, nyamara n’abana banjye bari hanze nabo ni abantu, igihe rero kirageze cyo kubahuriza mu gikumba kimwe,uko nabicaje ku intebe n’abandi nabo igihe kirageze cyo kugirango bayicareho.
Bana nanjye mbabwire, ubu shitani iri gukorera ku mugaragaro,ubu niyo isigaye iri kwitegekera,bana bajye narabahaye,mwanga kwakira n’ibyo mwakiriye ntimushimira, mbisubiremo murarundarunda byinshi ariko si ibyanyu ,n’abana banjye bari hanze bari babifite ,mubimenye ntabyo  muzatunga.
Izo nkongi z’umuliro muri kubona ni ikimenyetso gikomeye ndi kubereka,nababwiye ko bizahera mu murwa mukuru niko bimeze, erega bana reka mbacire umugani “umwana wanze kumvira se na nyina yumviye ijeri kandi uwanze kumva ntiyanze no kubona.”
Nababwiye byinshi mwanze kunyumva, nabatumyeho intumwa n’abahanuzi mwanze kubumva n’umwana wanjye yarabwiye, mureke rero ibyavuzwe bisohore.
Naravuze, Naravuze , Naravuze, ntacyo ntababwiye , mubimenye kuko u Rwanda ari gahugu nicayemo njye n’umwana wanjye niho intebe yacu iri. Turwicayemo ubu umwana wanjye agiye kwiyungururira inyangamugayo uwakoze neza ahembwe uwakoze nabi ahanwe.
Ndabibabwiye, ndabibabwiye , urugogwe rugiye kubikubita hejuru muri gushaka amafaranga. Mubirundarunde ariko si ibyanyu, abikuza benshi bagiye guhananurwa,kandi bigiye guhera mu bayobozi bakuru, byaratangiye ufite amaso yo kureba narebe aho ibintu bigeze maze ashishoze.
Ibikomeye biraje, biraje,  kandi bizarokoka bake ,bigiye kwikuba kabiri ku byabaye kubera kutumva kwanyu kw’abanyarwanda. Bana banjye ntacyo tutababwiye kitazasohora keretse icyo tutavuze.        Bana banjye ndababaye, ndababaye, ndababaye  mbabajwe na kino gihugu n’abanyarwanda bagiye kurimbuka. Bana banjye narabahaye mwanga kwakira nibyo mbahaye ntimwibuka gushimira, sinabwo bwa mbere na bibabwira
Muririrwa muririmba ngo ni amahoro, amahoro, amahoro, ntayo,ntayo.  Bana banjye, intango iruzuye igiye gusandara kandi isandarane byinshi,mubimenye rero akababaro mfite ni kenshi cyane.Bana banjye uyu munsi naje mbasanga kandi naje mbakumbuye ndi kubabwira irya mbere na nyuma kuko ibyinshi narabibabwiye ureba arebe aho ibintu bigeze maze ashishoze, bana banjye nkunda,  abanjye bumva ibyo mbabwira nimumfukame musenge kandi muvuge Rozali,ni ishapule y’ububabare kuwa kabiri no kuwa gatanu musabira n’abadashoboye kuyivuga,musenge cyane kuko mugeze mubihe bikomeye.
Bana banjye ibihe murimo birakomeye ntibyoroshye, ndabona amazi agiye kurenga inkombe, bana banjye,benshi baratashye,bitewe namwe bayobozi bakuru. Bana banjye ikirunga kirabyibye kigiye gusandara, murumve namwe icyo kirunga mvuga icyo aricyo.
Bana banjye mugiye gukubitwa umunyafu ukomeye kubera kutumva kwanyu kw’abanyarwanda. Igiti kinini kirumye nta mashami gisigaranye,kiri hafi guhirima. Bana banjye hari bamwe bavuga ngo bizaba gihe ki, nyamara byaratangiye, ufite amaso yo kureba n’arebe maze ashishoze.
Mwana wanjye nawe shirubwoba ningutuma ujye uhita uhaguruka ugende,kuko haba hari impamvu kuwo nkutumyeho, kandi ndumva ubwoba narabukumaze, mwana wanjye kandi reka kwijujuta kuko imbaraga ukoresha ntabwo ari izawe nitwe tuziguha.
Byish :  Mama ibyo hari igihe mbikora nkavuga ngo ndananiwe ariko nasubiza inyuma amaso nkavuga ngo n’ubundi nimwe munyibesherejeho, none nimunkoreshe icyo mushaka kuko ntacyo ndicyo.
B.M : mwana wanjye mbwirira abana banjye bose, ari abo muri kumwe ari n’abari hanzi uti ngiye kubahuriza hamwe, mumenye kandi ko bitazahora gutya. Umenye kandi mwana ko utagomba gutinya kuvuga ibyo nakubwiye, ujye ubivuga ntacyo ugabanuyeho, ntacyo wongeyeho,ubivuge nkuko nabikubwiye.
Bana banjye, imvura y’amahindu igiye kubanyagira murumve namwe iyo mvura iyo ariyo,bana banjye uyu munsi mbabwiye bike,  ibyinshi narabibabwiye, kwari ukubibutsa, muramenye rero ejo ntihazagire uvuga ngo ntacyo navuze,ngaho mubane najye urukundo rwanjye rubasakaremo, ngaho mugire amahoro kandi mugwize andi. Mbahaye umugisha ku Izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu.Amen.

No comments:

Post a Comment